Rayon Sports yumvikanye n’umunyamategeko wa Thierry Hitimana uburyo bwo kubishyura

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana na Ntirushwa Ange Diogène , umunyamategeko wa Thierry Hitimana , uburyo bwo kwishyura asaga Miliyoni esheshatu iyi kipe ibereyemo Thierry Hitimana kuva muri 2013.

Ubwumvikane bwo kwishyura Miliyoni esheshatu n’ibihumbi Magana arindwi (6.700.000 FRW), Rayon Sports yabugiranye na Me Ntirushwa Diogène ari nawe uheruka kongera kwandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA ayisaba ko yategeka Rayon Sports gukurikiza umwanzuro w’Akanama k’imyitwarire ka FERWAFA wafashwe tariki 2 Ugushyingo 2015 wasabaga ikipe ya Rayon Sports kwishyura Hitimana Thierry wari umutoza wayo , amafaranga yavuzwe haruguru.

Rayon Sports itangaza ko ibyo bumvikanye n’uruhande rwa Thierry Hitimana biguma ari ibanga hagati y’impande zombi.

Ibi bikozwe mu gihe kuri uyu wa Mbere tariki 14 Nzeri 2020 nabwo Rayon Sports yari yumvikanye na Ivan Minnaert na we wahoze ari umutoza wayo , wirukanwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, FERWAFA igategeka Rayon Sports kumwishyura asaga Miliyoni 14 z’amafaranga y’u Rwanda.

Uretse kuba yarakiniye Rayon Sports akanayitoza, , Hitimana Thierry yanatoje amakipe atandukanye mu Rwanda arimo AS Kigali na Bugesera FC. Ubu ni umutoza wa Namungo FC yo muri Tanzania kuva mu mpeshyi ya 2018.

Hitimana Thierry usigaye atoza Namungo FC, arishyuza Rayon Sports 6.700.000 FRW imurimo kuva muri 2013

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo