Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Nyarugenge, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 18 Nyakanga, yagaruje moto yo mu bwoko bwa TVS, yari yibwe umumotari.
Uwafatanywe iyi moto ni umusore w’imyaka 21 wafatiwe mu mudugudu w’Ubucuruzi, akagari ka Kabeza mu murenge wa Muhima ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko gufatwa kwayo kwaturutse ku makuru yatanzwe na nyirayo nyuma yo kuyibwa.
Yagize (...)
Mu Rwanda
-
Nyarugenge: Polisi yagaruje moto yari yibwe umumotari
21 July, by Editor -
GISAGARA: Hafashwe litiro zirenga 1100 z’inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge
29 JunePolisi y’u Rwanda mu Karere ka Gisagara, yangirije mu ruhame litiro 1140 z’inkorano zitujuje ubuziranenge zirimo izizwi ku izina rya Nyirantare n’Imenagitero Tangawizi.
Ibikorwa byo kwangiza izi nzoga byabereye mu mirenge ya Gikonko na Save, ku wa Gatatu tariki ya 28 Kamena ahagana saa Kumi n’ebyiri za mu gitondo.
Litiro 1000 z’inzoga z’inkorano zizwi ku izina rya Nyirantare zafatiwe aho bazengerega mu ishyamba rya Leta mu mudugudu wa Gahoro mu kagari ka Rwanza mu murenge wa Save, ku isaha saa (...) -
INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA Nyirabahutu Florence RUSABA GUHINDURA IZINA
21 June, by Editor -
Kwibuka 29:Online Fan Club yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi banatanga ’Mituelles’100 (AMAFOTO)
19 June, by EditorAbafana ba Online Fan club bafana APR FC basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kamonyi banatanga ubwisungane mu kwivuza ku bayirokotse 100 batishoboye bo mu Karere ka Kamonyi.
Ni igikorwa bakoze kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Kamena 2023. Abari bahagarariye abandi nibo bakoze urugendo rugana ku Kamonyi.
Masabo Michel, Umunyamabanga wa APR FC niwe wari uyihagarariye. Hari kandi Songa Mbele wari uhagarariye abafana ba APR FC ku rwego rw’igihugu ndetse n’abandi bari baturutse (...) -
AS Kigali WFC yifatanyije n’Umujyi wa Kigali mu muganda udasanzwe (AMAFOTO)
18 JuneIkipe ya AS Kigali y’abagore yifatanyije n’Umujyi wa Kigali mu muganda udasanzwe wari ugamije kongera ubukangurambaga bwo kubungabunga isuku yo mu Mujyi wa Kigali.
Hari mu muganda wabaye kuri uyu wa Gatandatyu tariki 17 Kamena 2023 , ubera mu bice binyuranye byo mu Mujyi rwagati.
Abawitabiriye bari barimo abakozi b’Umujyi wa Kigali ndetse n’abafatanyabikorwa bawo batandukanye barimo na AS Kigali y’abagore. Bari bayobowe na Pudence Rubingiza, umuyobozi w’Umujyi wa Kigali bazengurutse ibice (...) -
Abiyandikishije ku bizamini byo gutwara ibinyabiziga batangiye gukora ku bwinshi
13 JuneKuri uyu wa mbere tariki 12 Kamena, Polisi y’u Rwanda yatangije impinduka mu gukoresha ibizamini byo gutwara ibinyabiziga kuri site zose zo mu gihugu, hakoreshwa umubare munini w’abiyandikishije.
Abari barahawe amatariki ya kure yo gukoreraho ibizamini bigijwe hafi mu rwego rwo kubafasha kubona serivisi yihuse.
Abakandida bose bari bariyandikishije kuzakora ibizamini kuva tariki 12 Kamena, kugeza muri Kamena umwaka utaha, bazakora mu mezi abiri.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner (...) -
RUBAVU: Bafashwe bahishe udupfunyika tw’urumogi 6000 mu mufuka w’ibirayi
10 June, by EditorPolisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Rubavu, yafashe abantu batatu bari batwaye kuri moto udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 6 mu mufuka w’ibirayi.
Abafashwe ni abagabo babiri n’umugore umwe bafatiwe mu mudugudu wa Kirerema, akagari ka Kirerema mu murenge wa Kanama, ahagana ku isaha ya saa Cyenda z’igicamunsi cyo ku wa Kane tariki 8 Kamena.
Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko kugira (...) -
KICUKIRO: Polisi yafashe magendu y’inzoga za likeri zifite agaciro hafi miliyoni 20Frw
8 JunePolisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu (ASOC), ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 6 Kamena, yafatiye mu Karere ka Kicukiro, abantu babiri bafatanywe amacupa 474 ya magendu y’inzoga za likeri zitandukanye.
Abafashwe ni umugabo w’imyaka 40 wari utwaye zimwe muri izo nzoga kuri moto, na mugenzi we w’imyaka 27 y’amavuko wafatiwe iwe, ahari ububiko bw’inzoga zifite agaciro ka Frw19,810,000.
Zimwe mu nzoga za likeri bafatanywe harimo Savanna, Drostdy, Double Black, (...) -
Kuki Amerika itinya kohereza indege zayo za F-16 muri Ukraine?
27 May, by Iradukunda Fidele SamsonMu gihe Ukraine isumbirijwe n’ibitero bikomeye by’indege z’Uburusiya , ibihugu bimwe by’Uburayi bikaba bishaka kuyifasha mu kurwana intambara zo mu kirere, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifite ubwoba bwo koherereza Ukraine indege zo mu bwoko bwa F -16 kuko Abanya-Ukraine nta bumenyi bafite bwo kuzirwanisha.
Ubwo Uburusiya bwagabaga igitero kuri Ukraine mu ntangiriro z’umwaka wa 2022, byavugwaga ko yaba ifite indege z’intambara zigera ku 120 zigizwe na MiG-29 na Su-27 zo mu bihe by’Abasoviyeti (...) -
Karame Rwanda ya Sadate igiye kubaka imihanda ya kaburimbo yo mu makaritsiye y’Umujyi wa Kigali
27 May, by Iradukunda Fidele SamsonKuri uyu wa gatatu, tariki ya 24 Gicurasi 2023 habaye igikorwa cyo gutangiza ku mugaragaro iyubakwa ry’imihanda ya kaburimbo mu mujyi wa Kigali, ikaba ari imihanda izubakwa ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali n’abaturage bawo mu gihe imirimo y’ubwubatsi izakorwa na Karame Rwanda Ltd, ikigo cy’ubucuruzi gitanga serivisi z’ubwubatsi gihagarariwe na bwana Munyakazi Sadate.
Muri ibi bikorwa byo kubaka iyi mihanda ingengo y’imari yabyo, Umujyi wa Kigali uzajya uyitangaho 70% na ho abaturage batange 30%. (...)