Umukuru w’inzu ndangamurage ya Louvre i Paris yeguye ku mirimo ye nyuma y’amezi habaye ubujura bwo ku rwego rwo hejuru bwibye imirimo y’agaciro kanini kuri iyi nzu iri mu zisurwa cyane kurusha izindi ku isi.
Laurence des Cars yashyikirije ukwegura kwe Perezida Emmenuel Macron, washimye icyemezo kije mu gihe iyo nzu ikeneye “umutuzo n’impinduka zikomeye mu gukora imishinga minini irimo umutekano, no kuvugururwa”.
Mu gitondo cyo ku wa 19 Ukwakira(10) 2025, abajura kabuhariwe babashije kwinjira muri iyi ngoro biba imirimo y’agaciro kanini yambawe n’abamikazi b’Ubufaransa mu binyejana bishize.
Bane bakomeye mu bacyekwa batawe muri yombi, ariko imirimbo umunani y’agaciro ka miliyoni 104$ ya Amerika ntabwo irabasha kugarurwa.
Iyo irimo umukufi wa diyama n’ibuye ry’agaciro rya ‘emerald’ Umwami w’Abami Napoleon yari yarahaye umugore we.
Louvre, ni yo irimo ishusho ya Mona Lisa/ La Jaconde yakozwe n’umunyabugeni Leonardo da Vinci, ishusho bivugwa ko nta gaciro mu mafaranga ifite, gusa ubwishingizi bwayo bugera kuri miliyari 1$.
Iminsi micye nyuma y’ubujura, Laurence yemeye ko camera z’umutekano zizwi nka CCTV zo ku ruzitiro rwa Louvre zari “zishaje” kandi zidafite imbaraga.
Nubwo iyi ngoro isurwa n’abantu benshi cyane – miliyoni 8.7 ku mwaka - gushora imari mu kuyirinda byagenze buhoro nk’uko yabyemeye.
Iperereza ry’inteko ishingamategeko rirakomeje ku bibazo biyirimo.
Laurence Des Cars, yari akuriye iyi ngoro ya Louvre kuva mu 2021, niwe mugore wa mbere wabaye umukuru w’iyi ngoro imaze imyaka irenga 230.
BBC











/B_ART_COM>