Abakobwa 10 nibo bazahagararira Intara y’Amajyepfo muri Miss Rwanda 2018.
Igikorwa cyo gutoranya abakobwa bazahagararira Intara y’Amajyepfo cyabereye mu Karere ka Huye kuri uyu wa 20 Mutarama 2018. Abakobwa 14 nibo bari bahatanye ariko 10 baba aribo babasha gukomeza.
Mu Ntara y’Amajyepfo niho hagaragaye umubare munini w’abahatana ugereranyije n’izindi Ntara iki gikorwa kimaze gukorerwamo.
Mu majonjora hazatoranywa abakobwa 30 mu gihugu hose aho kuba 25 nk’uko byari bisanzwe nyuma hakazakorwa irindi jonjora rizasigazamo abakobwa 20 bazajya mu mwiherero aho kuba 15 nk’uko byagendaga mu myaka yashize.
Intara y’iBurengerazuba izahagararirwa n’ abakobwa 6aribo Uwimbabazi Alliance, Iradukunda Liliane, Neema Nina, Isimbi Shanel, Uwase Fiona na Gacukuzi Belyse. Umukundwa Divine niwe utabashije gukomeza.
Intara y’Amajyaruguru nayo izahagararirwa na’abakobwa 6:: Usanase Shamim Irene, Umutoniwase Paula, Ishimwe Belly Stecy, Irebe Natacha Ursule, Umuhoza Linda na Ingabire Divine.
14 bahatanye mu Ntara y’Amajyepfo
10 bazahagararira Intara y’Amajyepfo ni :
1 . Dushimimana Lydia
2 . Irakoze Vanessa
3 . Ishimwe Noriella
4 . Ikirezi Mpore Marie Wivine
5 . Nzakorerimana Gloria
6 . Umunyana Shanitah
7 . Umuhire Rebecca
8 . Uwase Ndahiro Liliane
9 . Mushombokazi Jordan
10 . Umutoniwase Anastasie
Ikirezi Mpore Marie Wivine
IRAKOZE Vanessa
NZAKORERIMANA Gloria
MUSHAMBOKAZI Jordan
UMUTONIWASE Anastasie
DUSHIMIMANA Lydia
UMUNYANA Shanitah
UMUHIRE Rebecca
UWASE NDAHIRO Liliane
ISHIMWE Noriella
Aba nibo 10 Bazahagararira Intara y’Amajyepfo
Photo:Mahoro Luqman