Mu mikino isoza irushanwa ry’Imiyoborere Myiza ‘Umurenge Kagame Cup’ ry’uyu mwaka, Umurenge wa Rubengera wo mu Karere ka Karongi mu Burengerazuba mu bagabo wegukanye umwanya wa gatatu w’iri rushanwa utsinze uwa Mbazi ibitego 2-0.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Kamena 2026, habaye imikino yo guhatanira umwanya wa gatatu mu irushanwa rya ‘Umurenge Kagame Cup 2026’ mu mupira w’amaguru mu byiciro byombi.
Mu mupira w’amaguru mu cyiciro cy’abagabo, Umurenge wa Rubengera ni wo wegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda ibitego 2-0 uwa Mbazi wo muri Huye.
Abanya-Rubengera batsindiwe na Turikumwenayo ku munota wa gatatu no ku munota wa 59.
11 Umurenge wa Rubengera wabanje mu kibuga
11 Umurenge wa Mbazi wabanje mu kibuga
Ayabagabo Faustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera yari yaje gushyigikira ikipe ye
Ndoli Jean Claude akinira Umurenge wa Mbazi
Mazimpaka Andre ari muri Staff y’Umurenge wa Rubengera
PHOTO:RENZAHO Christophe





















































































































/B_ART_COM>