Ikipe y’Umurenge wa Masaka ihagarariye Umujyi wa Kigali yatsinze Umurenge wa Kimonyi uhagarariye Intara y’Amajyaruguru 2-1 mu mukino ubanza wa 1/4 cy’Umurenge Kagame Cup.
Ni umukino wabereye kuri Tapis rouge i Nyamirambo kuri uyu wa kabiri tariki 6 Gicurasi 2026. Umurenge wa Kimonyi niwo wari wabanje gutsinda igitego mu minota ya mbere y’umukino. Masaka yacyishyuye kuri Penaliti, igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganya 1-1.
Igitego cy’intsinzi cya Masaka cyabonetse ku munota wa 7 w’inyongera. Umukino wo kwishyura uteganyijwe tariki 13 Gicurasi 2026 kuri Stade Ubworoherane.
11 Umurenge wa Masaka wabanje mu kibuga
11 Umurenge wa Kimonyi wabanje mu kibuga
Amakipe yombi afata ifoto n’abayobizi bitabiriye uyu mukino
Kimonyi niyo yafunguye amazamu mbere
Umwe mu mpanga zikinira Umurenge wa Masaka niwe watsinze igitego cyo ku munota wa nyuma cyahesheje itsinzi Umurenge wa Masaka
Kalinda Jean De Dieu (wambaye umupira w’umukara), Team Manager w’ikipe y’Umurenge wa Masaka
Nduwayezu Alfred, wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Masaka yabashimiye ko bamuhesheje Ishema ndetse abizeza kuzakomeza kubashyigikira nubwo yimuriwe mu wundi Murenge
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine yashimiye abakinnyi uburyo bishyuye igitego babanjwe, bakanatsinda
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imibereho y’Abaturage, Mme. Martine Urujeni yijeje Umurenge wa Masaka ko bazakomeza kubashyigikira nk’Umurenge uhagarariye Umujyi ndese abashimira ko bawuhesheje ishema mu mukino ubanza
Umutoza wa Masaka yasabye abafana kuzongera bakababa inyuma mu mukino wo kwishyura
Kapiteni wa Masaka yashimiye abayobizi uburyo bakomeje kubaba hafi, abizeza kutazabatenguha




























































































































































/B_ART_COM>