Kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeli 2017 nibwo hagomba gusubukurwa umukino wa Super Cup hagati ya APR FC na Rayon Sports wari wasubitswe kubera ikibazo cy’umuriro cyabaye kuri Stade ya Rubavu tariki 23 Nzeli 2017.
Iminota yaburaga ngo umukino urangire, iratangira gukinwa ku isaha ya saa kumi z’umugoroba kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Ahagana ku isaha ya saa munani abafana biganjemo aba Rayon Sports bari bageze muri Stade, bitegura kuza kureba umukino utangwamo igikombe kiruta ibindi cya Super Cup.
Nkuko amategeko abiteganya, umukino uri busubukurwe ibintu byose byari byabaye mu mukino wasubitswe bigendeweho: APR FC iragumana abakinnyi 10 kuko i Rubavu Imran yari yahawe ikarita itukura ku munota wa 38 , Rayon Sports igumane ibitego byayo 2 byari byatsinzwe na Diarra (34’) na Pierrot (62’) ndetse uze gutangirizwa ku mupira w’umuterekano Rayon Sports yari igiye gutera mbere y’uko amatara manini ya Stade Rubavu azima.
Bagana kuri Stade
Abafana bahageze
Saa munani ni uku abafana banganaga
Yahageze kare
Uyu mufana wa APR FC na we yahageze
Babanje kureba umukibo wahuzaga AS kigali y’abagore na Rambura...ni umukino wo uri Shampiyona
Baracyaza
Aha ni ku isaha ya saa munani na mirongo ine
Abafana ba Rayon Sports nibo biganje
Babanje kubyina
Yaje gufana ikipe ye yakenyeye
Imizindaro iri kuzanwa kuri Stade ya Kigali
Yaje yiteguye kubona abakiriya benshi b’aba Rayons
Abafana batari benshi bafana APR FC nabo bageze kuri Stade
Nubwo APR FC yatsinzwe 2 mbere y’uko umukino usubikwa, yanze kuyitererana


































/B_ART_COM>