Ikipe y’abarinda umutekano wa Perezida Paul Kagame n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu ’Republican Guard Rwanda’ (RG) yatsinze Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako (RMA Gako) igitego 1-0, igera ku mukino wa nyuma wa ‘Liberation Cup 2026’.
Hari mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2026, ubera ku kibuga cya Kimihurura Barracks ya RG.
Igitego cya Ishimwe Claude bahimba Wing nicyo cyahesheje RG itike yo gukina umukino wa nyuma.
Ni umukino wagaragayemo Kapiteni wa RG, Cpt Ian Kagame, wafashije iyi kipe mu bwugarizi, kugira ngo irinde igitego n’intsinzi byayo.
Ku mukino wa nyuma, ’Republican Guard Rwanda’ (RG) izahura n’ikigo cya gisirikare cya Nasho cyageze ku mukino wa nyuma gisezereye Task Force ku bitego 3-2.
Iri rushanwa rikinwa mu mikino itatu ari yo umupira w’amaguru (football) uw’intoki wa Basketball ndetse na Volleyball.
Ibikombe, imidari ndetse n’ibihembo byo mu irushanwa ry’uyu mwaka bizatangwa ku itariki ya 3 Nyakanga 2026, umunsi umwe mbere y’uko u Rwanda rwizihiza Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32.
Ikipe ya Republican Guard Rwanda’ (RG) n’abatoza bayo
11 RMA Gako yabanje mu kibuga
11 RG yabanje mu kibuga
Afande Ian niwe kapiteni w’ikipe ya RG
Munyakazi Sadate (i buryo) yarebye uyu mukino
I buryo hari Umuyobozi wa Republican Guard, Maj Gen. Willy Rwagasana
Hagati hari Peter ukuriye abafana ba Rep. Guard
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi na we yarebye uyu mukino
Afande Ian akina nka myugariro
Wing yishimira igitego cyahesheje intsinzi Rep. Guard ikagera ku mukino wa nyuma
Fair Play niyo iranga iyi mikino...Afande Ian asuhuzanya n’umukinnyi wa Gako nyuma y’umukino
PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE





















































































































/B_ART_COM>