Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Maroc yatangajwe ko ari yo yegukanye igikombe cy’Afurika cy’ibihugu cya 2025, nyuma yuko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru kuri uyu mugabane (CAF) iburijemo ibyavuye mu mukino wa nyuma kubera kwikura mu kibuga kwa Sénégal kwateje impaka.
Sénégal yatsinze Maroc igitego 1-0 muri uwo mukino wa nyuma wo ku itariki ya 18 Mutarama (1) uyu mwaka, aho abakinnyi ba Sénégal banze gukina nyuma yuko Maroc ihawe penaliti mu minota y’inyongera y’uwo mukino, kugeza icyo gihe amakipe yombi yari yaguye miswi 0-0.
Nyuma yuko umukino ucyerereweho iminota 17, amaherezo abo bakinnyi bemeye gusubira mu kibuga, ndetse penaliti ya Brahim Diaz wa Maroc ikurwamo, nuko Pape Gueye aza gutsinda igitego cy’intsinzi mu gihe cy’inyongera.
Ariko ubu ibyo byaburijwemo nyuma y’icyemezo cy’inama nkuru y’ubujurire ya CAF.
Itangazo rya CAF ryavuze ko Sénégal “itangajwe ko yatsinzwe umukino wa nyuma”, “ibyavuye mu mukino byanditswe ko ari [ibitego] 3-0” bya Maroc.
Icyo cyemezo gikurikiye ubujurire bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Maroc (FRMF), CAF ivuga ko bwemewe (bwakiriwe) kandi bukemezwa.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Maroc ryavuze ko icyo ryashakaga ari uko "amategeko agenga irushanwa" yubahirizwa.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Sénégal ryamaganye icyemezo "kibera" cya CAF, risezeranya kujurira "vuba aha cyane".
CAF yongeyeho ko “binyuze mu myitwarire y’ikipe yayo”, Sénégal yarenze ku ngingo ya 82 mu mategeko y’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu, ndetse ku bw’ibyo ingingo ya 84 yarakurikijwe.
Ingingo ya 82 ivuga ko igihe ikipe yanze gukina cyangwa ikava mu kibuga nta ruhushya rw’umusifuzi mbere yuko igihe cyateganyijwe cy’umukino kirangira, ifatwa ko yatsinzwe ndetse igakurwa mu irushanwa.
Mu itangazo yasohoye, FRMF yavuze ko icyemezo cyayo cyo kujuririra ibyavuye mu mukino wa nyuma “nticyari kigamije na rimwe guhangana n’ibikorwa by’imikino by’amakipe”, ko ahubwo cyari ubusabe bw’"kurikizwa ry’amategeko agenga irushanwa".
Itangazo rya FRMF ryongeyeho riti: “Ishyirahamwe [ry’umupira w’amaguru rya Maroc] rishimangiye ukwiyemeza kwaryo ko kubaha amategeko, rigatuma habaho umucyo mu rwego rw’irushanwa, no kubungabunga umutekano mu marushanwa nyafurika.”
“Rinifuje gushimira ibihugu byose byitabiriye iri rushanwa rya CAN, ryabaye igihe gikomeye cy’umupira w’amaguru w’Afurika.”
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Sénégal (FSF) ryasohoye itangazo ryamagana "icyemezo kibera, kitari cyarigeze kibaho kandi kitakwihanganirwa gitesha agaciro umupira w’amaguru w’Afurika".
FSF yavuze ko mu kurengera uburenganzira bwayo n’inyungu z’umupira w’amaguru, "vuba aha cyane" iziyambaza mu bujurire urukiko nkemurampaka mu mikino (TAS/CAS) rukorera i Lausanne mu Busuwisi.
BBC











/B_ART_COM>