Intare FC yegukanye igikombe cy’icyiciro cya kabiri - AMAFOTO

Ikipe y’Intare FC yegukanye igikombe cy’icyiciro cya kabiri itsinze AS Muhanga 2-1 mu mukino usoza iki cyiciro muri uyu mwaka. Hari mu mukino uryoheye ijisho urimo ubwitange ndetse no gukina umupira wihuta cyane.

Stade Amahoro i Remera niyo yabereyeho uyu mukino guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba zo kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Nyakanga 2018. Kwinjira byari ubuntu ariko abafana ntibari benshi.

AS Muhanga yasezereye Sorwathe FC muri 1/2 naho Intare FC zisezerera Pepiniere FC. Uko ari 2 zose zahise zibona itike yo gukina icyiciro cya mbere ariko zagombaga kwishakamo izamuka itwaye n’igikombe.

Ku munota wa 10 gusa nibwo Bizimana Yannick yafunguye amazamu atsindira AS Muhanga igitego cya mbere. Intare FC zabaye nk’izitunguwe zikomeza gushakisha igitego cyo kwishyura ariko biranga, igice cya mbere kirangira bikiri 1 cya AS Muhanga.

Abari kuri Stade Amahoro barebye umukino urimo ishyaka, ubwitange no gukina umupira wihuta.

Mu gice cya kabiri, Intare FC zagarutse zishaka igitego n’imbaraga nyinshi. Ku munota wa 59, Byukusenge Hadji Jacob yishyuriye Intare FC. Ku munota wa 75 Yves Mugunga yatsinze icya kabiri cy’Intare FC cyayihesheje igikombe. Mugunga yarangije icyiciro cya kabiri cy’uyu mwaka ayoboye ba rutahizamu. Arangije afite ibitego 22.

Nyuma yo kwegukana igikombe, Rubona Emmanuel utoza Intare FC yatangaje ko bishimiye kwegukana igikombe ku munsi wo kwibohora kw’Abanyarwanda.

Yagize ati " Twishimiye kwegukana igikombe ku munsi nk’uyu wo Kwibohora, ni umunsi ukomeye mu mateka y’abanyarwanda. Kwegukana igikombe tariki ya 4 Nyakanga ni ibintu bidushimishije."

Uretse kwegukana igikombe, Intare FC zanahawe Sheki ya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda (1.000.000 FRW). AS Muhanga yo yahawe sheki ya 500.000 FRW.

Intare FC na AS Muhanga zizasimbura mu cyiciro cya mbere Miroplast FC na Gicumbi FC zamaze kumunuka mu cyiciro cya kabiri.

Kwinjira byari ubuntu ariko abafana bari bake kuri Stade Amahoro yakiriye uyu mukino

Abasimbura ba Intare FC

Abasimbura ba AS Muhanga

11 Intare FC yabanje mu kibuga

11 AS Muhanga yabanje mu kibuga

Abakinnyi ba AS Muhanga babanje gusengera mu izamu

Harimo guhangana n’ubwitange

Umunyezamu wa Muhanga yabanje kuba ibamba

Igikombe n’imidali mbere y’uko bitangwa

Perezida wa FERWAFA, Rtd.Brig.Gen. Sekamana Jean Damascene na Lt. Gen. Musemakweli , umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka akaba n’umuyobozi wa APR FC barebye uyu mukino

Minnaert wahoze atoza Rayon Sports na we yari yaje kureba uyu mukino

Byukusenge Jacob watsindiye Intare FC igitego cya mbere

Abatoza b’Intare FC

Abdou Mbarushimana utoza AS Muhanga

Abakinnyi b’Intare FC bishimira igitego cya 2 cyatsinzwe na Mugunga Yves

AS Muhanga yashakishije igitego cyo kwishyura ariko biranga

Rwarutabura wafanaga AS Muhanga

Byukusenge Jacob wagoye cyane abakinnyi ba AS Muhanga

Mugunga Yves watsinze icya 2 cy’Intare FC ndetse arangiza icyiciro cya 2 ariwe uyoboye abatsinze ibitego byinshi

Umukino urangiye, Abdou Mbarushimana utoza AS Muhanga yari ababaye cyane

Abasifuzi bambikwa imidali

AS Muhanga yahawe Sheki ya 500.000 FRW

Uretse igikombe, Intare FC zahawe na Sheki ya 1.000.000 FRW

Bishimiye kwegukana igikombe

Afata ’Selfie’ na Mugunga urangije icyiciro cya kabiri ayoboye ba rutahizamu

Mugunga afata ifoto y’urwibutso n’abatoza be

PHOTO:RENZAHO Christophe

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo