Igitego kimwe rukumbi cya Rayon Sports yatsinze Police WFC, cyatumye iyi kipe yambara ubururu n’umweru ikoza imitwe y’intoki ku gikombe cya Shampiyona y’icyiciro ya mbere mu bagore.
Hari mu mukino w’umunsi wa 21 Shampiyona waraye ubereye mu Nzove amakipe yombi yagiye gukina anganya amanota 51, ikipe yari kuwutsinda akaba ari yo yari ifite amahirwe yo kwegukana Shampiyona ya 2025-26.
Uyu mukino wabereye mu Nzove, ntabwo woroheye Police WFC kuko Rayon Sports WFC yari imbere y’abafana bayo yayatatse bikomeye.
Rayon Sports ibitse igikombe cya Shampiyona y’abagore giheruka, wabonaga ifite inyota yo gutwara icy’uyu mwaka.
Abakobwa b’umutoza Rwaka Claude baremye amahirwe menshi aba yavuyemo ibitego ariko imipira imwe n’imwe igarurwa n’ibiti by’izamu, indi umunyezamu ayikuramo.
Akagozi ka Police WFC kaje gucika ku munota wa 3 w’inyongera, nyuma y’uko iminota 90 yari yarangiye, ari ubusa ku busa, umunyezamu wa Police WFC, Mutuyimana Elizabeth nabwo yari yawukuyemo ariko habura ukiza izamu maze Umwariwase Dudja ahita uwushyira hejuru mu izamu.
Ubu Rayon Sports ni iya mbere n’amanota 54 n’ibitego 61 izagamye, kugira ngo itware ikaba isabwa kunganya gusa na Muhazi United mu mukino usoza Shampiyona uzabera ku Nzove tariki 5 Mata 2026 ititaye ku bizava mu mukino Police WFC ya kabiri n’amanota 51 n’ibitego 44 izigamye, izahura na Inyemera WFC i Shyoringi.












































































































































































































/B_ART_COM>