Elon Musk agiye kugura Twitter kuri miliyari $44

Inama y’ubutegetsi ya Twitter yemeye ko Elon Musk ayigura kuri miliyari $44.

Musk, umunyafrika y’epfo ufite ubwenegihugu bwa Amerika na Canada yatanze iki giciro cy’umurengera mu byumweru bibiri bishize, yavuze ko Twitter ifite "amahirwe akomeye" ashaka gufungura.

Yanavuze ko ikeneye impinduka zimwe na zimwe zirimo koroshya amabwiriza ku bayikoresha no guca konti mpimbano.

Twitter mbere yari yanze amafaranga Musk yatangaga, ariko ubu inama yayo y’ubutegetsi yarayemeye ndetse igiye gusaba abanyamigabane bayo gutora bemeza ubu bugure.

Musk niwe mukire wa mbere ku isi, nk’uko Forbes Magazine ibivuga, umutungo we ubarirwa kuri miliyari $273 uri ahanini mu migabane mu ruganda rwe rw’imodoka zikoresha amashanyarazi Tesla.

Ni nawe nyiri kompanyi y’ibyogajuru ya SpaceX.

Atangaza iby’ubu bugure, yanditse ati: "Ubwisanzure mu kuvuga nibwo nkingi ya demokarasi nyayo, kandi Twitter ni umujyi w’ikoranabuhanga aho ibintu by’ingenzi ku hazaza ha muntu bigibwaho impaka."

Musk avuga ko ashaka kugira Twitter nziza kurushaho azana ibishya birimo "kunesha konti mpimbano (spam bots), no kwemeza (authenticating) abantu bose".

Ubu bugure bugiye kuba nyuma y’igitutu kuri Twitter kiva ku banyapolitiki n’abashinzwe igenzura ku bintu bicishwa kuri uru rubuga.

Kimwe bikorwa byavuzwe cyane umwaka ushize ni uguca uwari perezida wa Amerika Donald Trump kuri uru rubuga, ushobora kuba yari umuntu ukomeye cyane uyikoresha, ivuga ko ashobora "guhamagarira ubugizi bwa nabi".

Icyo gihe Musk yavuze ko "abantu benshi" batazishimira icyemezo cyo "kugenzura ukwisanzura mu kuvuga".

Amakuru ko agiye kugura Twitter yishimiwe n’abo ku ruhande rwa Trump muri Amerika, nubwo we kuwa mbere yabwiye Fox News ko nta gahunda afite wo kuyigarukaho.

Kuri ubu bugure, Jen Psaki, umuvugizi w’ibiro bya White House yabwiye abanyamakuru ati: "Uwariwe wese ufite Twitter, perezida igihe cyose yahoranye impungenge ku mbaraga z’imbuga nkoranyambaga nini."

Umwihariko wa Elon Musk ni uwuhe kuri Twitter ?

Musk, ukurikirwa n’abarenga miliyoni 80 kuri Twitter, nawe ubwe afite amateka atavugwaho rumwe kuri uru rubuga.

Mu 2018 abashinzwe igenzura muri Amerika bamushinje kuyobya abashoramari muri Tesla akoresheje Twitter, ikirego bakemuje miliyoni $40, nubwo we yabihakanye.

Mu 2019 yarezwe gusebanya nyuma yo gukoresha Twitter akita "pedo guy" umushoferi wari mu gikorwa cyo gutabara abanyeshuri , iki kirego yaragitsinze.

Kuwa mbere, Musk, wagiye ashyamirana kenshi n’abanyamakuru kandi agafungira (block) abamunenga, avuga ko abona Twitter nk’urubuga rwo kugiraho impaka.

Amasaha macye mbere y’uko ubu bugure butangazwa, yanditse kuri Twitter ati: "Nizeye ko n’abanenga [we] cyane kurusha abandi baguma kuri Twitter, kuko aricyo ubwisanzure bwo kuvuga busobanuye.

Ese Musk ashobora guhindura Twitter ?

Uretse kuyigura, biteganyijwe ko bizarangira neza mu mpera z’uyu mwaka, abanyamigabane bayo bazavamo Twitter ibe iye bwite.

Musk avuga ko ibi bizamuha ubwisanzure bwo gukora impinduka ashaka muri iyi business.

Mu bitekerezo afite, harimo kwemera kwandika ’posts’ ndende, no kuzana ubushobozi bwo guhindura (edit) ibyo wamaze gutangaza.

Kuwa mbere ubu bugure bumaze gutangazwa agaciro k’imigabane ya Twitter kazamutseho 5%.

Ariko inzobere za Wall Street zerekana ko Musk yayiguze amafaranga y’umurengera.

Nubwo bwose ifite imbaraga nyinshi, Twitter ni gacye yahaye inyungu ikomeye beneyo, by’umwihariko muri Amerika yaragabanutse.

Iyi kompanyi yashinzwe mu 2004, yarangije 2021 yinjije miliyari 5$ hamwe n’abayikoresha miliyoni 217 ku munsi ku isi - imibare y’igice gito y’izindi mbuga nka Facebook.

Bret Taylor, ukuriye inama y’ubutegetsi ya Twitter, avuga ko bagenzuye igiciro Musk atanga bakabona ariyo "nzira iruta izindi y’urugendo rw’abanyamigabane bayo".

Ntabwo hazwi neza ugiye kuyobora iyi kompanyi. Ubu ikuriwe na Parag Agrawal, wasimbuye umwe mu bayishinze wari ayikuriye Jack Dorsey mu Ugushyingo (11) gushize.

Ariko mu nyandiko y’ubugure bwe, Musk yabwiye abakuru ba Twitter ko: "Nta kizere mfitiye abayikuriye".

Agrawal kuwa mbere yabwiye abakozi ba Twitter ko ahazaza hayo hadasobanutse.

Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko yagize ati: "Ubugure niburangira, ntabwo tuzi icyerekezo uru rubuga ruzafata."

Ibi Musk yabijemo ate?
Ni ibintu byihuse cyane. Muri uku kwezi kwa Mata nibwo byamenyekanye ko Musk yabaye umunyamigabane munini kurusha abandi afite 9.2% muri iyi kompanyi.

Nyuma yasabwe kuba umwe mu bagize inama y’ubutegetsi ya Twitter ariko arabyanga, ahubwo nyuma gato tariki 14 Mata ababwira ko ashaka kuyigura ikaba iye wenyine.

Twitter yashatse kwanga ubusabe bwe, ivuga ko itakwemerera uwariwe wese kurenza 15% by’imigabane. Ariko bahinduye ibitekerezo byabo amaze kubabwira igiciro ashaka gutanga.

Inama y’ubutegetsi ya Twitter yahise yose yemera igiciro cya Musk, ubu kigiye gushyikirizwa abanyamigabane ngo batore.

BBC

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo