Rwakazina Chantal wayoboraga Umujyi wa Kigali ari mu bagizwe ba Ambasadeli

Marie Chantal Rwakazina wari usanzwe ari Mayor w’Umujyi wa Kigali yasimbuye Amb. Francois Xavier Ngarambe wari umaze igihe mu Busuwisi. akaba yimuriwe mu Bufaransa. Major Gen Charles Karamba wari usanzwe ayobora ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere yahawe guhagararira u Rwanda muri Tanzania.

Ibi bikubiye mu Itangazo ryaturutse muri Serivisi z’Ibiro bya Minisitiri y’Intebe rivuga ko ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 111; None ku wa 15 Nyakanga 2019, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho Abazahagarira u Rwanda mu bihugu by’amahanga mu buryo bukurikira:

Repubulika ya Angola: Wellars GASAMAGERA

Muri Canada: Prosper HIGIRO

Muri Repubulika ya Rubanda y’Ubushinwa: James KIMONYO

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo: Vincent KAREGA

Repubulika y’Abarabu ya Misiri: Alfred KALISA

Repubulika y’u Bufaransa: Dr Francois Xavier NGARAMBE

Repubulika ya Ghana: Aissa Kirabo KACYIRA

Ubwami bwa Maroc: Sheikh Saleh HABIMANA

Muri Repubulika ya Koreya:YasminAMRI SUED

Leta ya Qatar: Francois NKURIKIYIMFURA

Leta ya Afurika y’Epfo: Eugene SEGORE KAYIHURA

Repubulika ya Singapore: Jean de Dieu UWIHANGANYE

Ubusuwisi: Marie Chantal RWAKAZINA

Muri Tanzania: Maj. General Charles KARAMBA

Muri Ibihugu byunze Ubumwe by’Abarabu: Emmanuel HATEGEKA

Tariki 25 Gicurasi 2018 nibwo Rwakazina yari yatorewe kuyobora Umujyi wa Kigali. Rwakazina Marie Chantal yatorewe kuyobora Umujyi wa Kigali ku majwi 146 mu gihe Henriette Murekatete we bari bahanganye yagize amajwi umunani . Yasimbuye Nyamurinda Pascal weguye kuri uyu mwanya muri Mata 2018 ku mpamvu ze bwite.

Rwakazina yashimiye Perezida Kagame kubw’imirimo minshya, amusezeranya kuzayikorana umurava

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo