Kuri uyu wa gatanu tariki 24 Werurwe 2017, kuri Stade ntoya y’i Remera(Petit Stade), habereye igitamo cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ururimi kavukire. Ni igitaramo cyaranzwe n’indirimbo, imbyino, imivugo, ikinamico n’ibindi ku buryo uwacyitabiriye wese yatashye anyuzwe.
Iki gitaramo cyatangiye ku isaha ya saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba. Ni igitaramo cyitabiriwe n’ abayobozi, abashakashatsi, abarimu, abahanzi n’abandi. Abahanzi bishyize hamwe, baririmbye indirimbo zitandukanye zigaruka ku nsanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ’ ‘Kwiga no kunoza Ikinyarwanda ni inshingano yanjye nawe’.
Ubusanzwe tariki 21 Gashyantare buri mwaka nibwo isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ururimi kavukire.
Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi Kavukire uhabwa agaciro gakomeye mu Rwanda. Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco ivuga ko ari umwanya mwiza wo kuzirikana agaciro k’ururimi rw’Ikinyarwanda nk’ isôoko y’ubumwe n’iterambere by’Abanyarwanda. Ibi kandi bishimangirwa n’indirimbo yubahiriza Igihugu aho igira ati ” Umuco dusangiye uraturanga, Ururimi rwacu rukaduhuza…”
Mu mpamvu nyamukuru zituma uyu munsi wizihizwa mu Rwanda harimo guhesha agaciro Ikinyarwanda nk’ururimi kavukire Abanyarwanda bose bahuriyeho n’indimi shami zarwo, kwirinda ko ururimi rw’Ikinyarwanda rwadindira, rwasubira inyuma cyangwa rukazimira, ibyiza byose ruhatse bikibagirana, kwifatanya n’amahanga mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi kavukire kuko u Rwanda rwahisemo inzira yo kurengera no guteza imbere Ururimi rw’Igihugu, ari na rwo ngobyi y’Umuco no gukangurira Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, gukunda no kuvuga Ikinyarwanda, guhanga mu Kinyarwanda ndetse no kumenya ubukungu bukubiye mu rurimi rwabo.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne niwe wari umushyitsi mukuru. Mu ijambo rye yibukije abari aho ko ko umuco n’ururimi dusangiye nk’Abanyarwanda ari byo bituranga.
MU MAFOTO, UKO IKI GITARAMO CYAGENZE
Abantu b’ingeri zinyuranye biganjemo abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye mu bigo bimwe byo mu Mujyi wa Kigali, bari bateraniye muri Petit Stade i Remera
Abayobozi bakuru muri Polisi y’igihugu nabo bari bahari
Umuhanzikazi Nyiranyamibwa ari mu bahageze kare
Mbere y’uko ajya ku rubyiniro, Makanyaga Abdoul yabanje gukurikira iki gitaramo
Itsinda rya Dream Boys niryo ryabimburiye abandi
Dream Boys bahise batanga irushanwa ryo kubyina ku bana bari aho, utsinze bakamuha 5000 FRW
Uyu mwana yakoze iyo bwabaga ngo arushe bagenzi be
...yanyuzagamo akanabyina yicaye ariko ngo akunde acyure 5000 FRW uwari kurusha abandi yari guhabwa na Dream Boys
Imbyino zose wabonaga ko uyu mwana azisobanukiwe
Abari aho batangiye kwishima bigitangira
Platini ahereza 5000 FRW umwana warushije abandi kubyina...yamusabye kujya kuyagura inkoranyamagambo kugira ngo arusheho kwihugura mu rurimi rw’ikinyarwanda
Yari akurikiye yumva ibihavugirwa
Umuhanzi Makonikoshwa na we yari ahari
Urubyiruko rwari rwitabiriye iki gitaramo cyarimo n’abahanzi bakunda
Ab’ubu na ’Selfie’ rwarahize...arashaka agafoto aza gusangiza inshuti ze ku mbuga nkoranyambaga
Yvan Buravan wishimiwe n’urubyiruko rwari muri Petit Stade i Remera
Yanyuzagamo akareba n’abafana ngo yitegereze niba bari kujyana neza
Bishimiye kubona Buravan abacurangira imbonankubone
Rwandamagazine.com ikora uko ishoboye ngo ibikwereke nkaho wari uhari...iyi niyo nkweto, Yvan Buravan yaserukanye muri iki gitaramo
Byageze aho abereka ko azi no gushayaya
Ingeri zose zari zihari....abasheshe akanguhe bari bitabiriye iki gitaramo
Danny Vumbi yaririmbye ni Dange ikubiyemo ubutumwa bw’abagoreka ururimi rw’Ikinyarwanda
Inyogosho zo hambere yanze kuzitetereza
Intore zica umugara zari zabukereye
Itorero Imena ryahanyuranye umucyo
Niba utazi gutereka amaso uko bikorwa...ntubarize kure, reba uko uyu mukobwa yayateretse
Ibi nibyo bita kwirengera icyo wikoreye
Yabonye umuco nyarwanda ufite byinshi wihariye...arafata amafoto azajya kwereka ab’iwabo
Minisitiri Uwacu Julienne niwe wari umushyitsi mukuru
Uyu muzungu yatunguye benshi ubwo yavugaga ikinyarwanda. Yagize ati " Mu Kinyarwanda nize ibisakuzo...Sakwe Sakwe, bati Soma..."Mama arusha nyoko amabuno manini...mu kucyica yasubije ko ari IGISABO
Ben Nganji asetsa abantu mu gihangano cye yise ’inkirigito’
Inkirigito yabasekeje karahava
Iyi niyo bita inseko y’Aba Miss...Ben Nganji ntawe atasekeje muri iki gitaramo
Ibyishimo byabarenze, barahoberana
Abahanzi bagiye bakora amatsinda bagafatanya indirimbo...aha harimo Tonzi, Nyiranyamibwa, Ntamukunzi Theogene, Marchal Ujeku,...
Tonzi na Nyiranyamibwa bikirizanya
Ntamukunzi Theogene acuranga
Uyu musore yavuze umuvugo ujyanye n’insanganyamatsiko, uryoheye amatwi, wari wiganjemo isubirajwi
Nyina n’umwana mu ikinamico yanyuze benshi
...nyuma yo kutumvikana, uyu mubyeyi yagize atya avuma umwana we
Iby’umugabo n’umugore ntawabyitambikamo....imikinire yabo yari ishimishije
Byari bigoye guhisha amarangamutima
Jabba Star Intore, umuhanzi ku giti cye akaba n’umuyobozi w’Itorero Imena
Umuhanzikazi ukizamuka Lannie, ni umwe mubaririmbye muri iki gitaramo
Aime Emilienne na we ni umuhanzikazi ukizamuka waririmbye muri iki gitaramo
Jules Sentore na we yunze murya bagenzi be ati ’Tunoze ikinyarwanda’
Umuhanzi Marchal Ujeku
Mukunzi Yannick (uri ibumuso), ukinira APR FC na we yanze gucikanwa n’igitaramo nk’iki
Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa n’ibisonga bye bari baje kwihera ijisho ibyari byateguwe kuri uyu munsi
Miss Popularity 2017, Uwase Hirwa Honorine uzwi nka Miss IGISABO
Dr. James Vuningoma ukuriye Inteko y’Ururimi n’Umuco
Minisitiri Uwacu Julienne ageza ijambo kubari aho
Aline Gahongayire uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yari yaje kwifatanya na bagenzi be ngo batange ubutumwa bwo ’Kunoza ikinyarwanda’
Yanze ko ibyabereye hano bisigara mu ntekerezo gusa, ahitamo kubibika no muri telefone ye
Alice Big Tonny na we uririmba Gospel yaririmbye muri iki gitaramo
Akurikiye yitonze ngo hatagira ikimucika
Ibicurangisho bya kizungu n’ibya gakondo byose byari bihari
Umuhanzi mu ndirimbo gakondo, Rwanamiza Emma
Sophie Nzayisenga, umuhanga mu gukirigita inanga
Nzayisenga Sophie na Rwanamiza Emma bacuranga inanga
Aba basore n’inkumi nabo ni abo mu itorero Imena
Senderi, Patrick Nyamitari, Mr Kagame, Danny Vumbi, Danny Nanone,...nabo bakoze indirimbo ukwabo
Umuraperi Danny Nanone
Senderi, Mr Kagame na Danny Vumbi
Patrick Nyamitari aririmba
Umuhanzikazi Phionah
Umuvugo w’uyu mukobwa na wo wishimiwe cyane
PHOTO:RENZAHO CHRISTOPHE/Rwandamagazine.com
frank
Igihugu cyacu tugomba gusigasira ururimi rwacu kuko niwo muco uturanga ikindi rwandamagazine murakoze kuko nkanjye uherereye muri india mungezaho uko bimeze I Kigali thx