Urubanza rwa Rusesabagina rwasubitswe

Urubanza mu mizi rwa Paul Rusesabagina n’abantu 20 bareganwa na we rwasubitswe kuko uyu uvugwa cyane muri uru rubanza yaje mu rukiko atunganiwe.

Ejo kuwa gatatu ni bwo urukiko rwatesheje agaciro inzitizi Rusesabagina yatanze ko adakwiye kuburanishwa kuko yagejejwe mu Rwanda ashimuswe, rutegeka ko urubanza rukomeza.

Mu gitondo cyo kuri uwa kane avuga ku mpamvu abunganizi be bataje, Rusesabagina yabwiye urukiko ko nyuma yo gusomerwa urubanza ku nzitizi yatanze, umwanzuro w’urukiko yawujuririye.

Yagize ati: "Twumvise ko urubanza mu mizi ruzaba ari uko iyo mbogamizi igiye ku ruhande. Kuko namwe [uyoboye iburanisha] mwivugiye ko urubanza mu mizi ruzatangira ari uko turangije imbogamizi".

Ubushinjacyaha bwanenze uruhande rw’uregwa gushaka gutinza urubanza kuko ngo uwo ari umwanzuro Rusesabagina n’umwunganizi we bifatiye ubwabo.

Umushinjacyaha yagize ati: "Harimo no kutubaha urukiko. Umwunganizi we Felix Rudakemwa afite uburambe mu kazi ku buryo adashobora kwibeshya ku mpamvu zatuma urubanza ruhagarara cyangwa rukomeza, kuko icyo cyemezo gifatwa n’inteko iburanisha urubanza."

Yongeraho ati: "Ni uburyo bakoresheje bwo gushaka gutinza iburanisha nkana."

Urukiko rwanzuye ko umuburanyi afite uburenganzira bwo kuburana yunganiwe, rusubika uru rubanza, rutegeka ko ruzakomeza ejo kuwa gatanu.

Rusesabagina aregwa ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bitero by’inyeshyamba za FLN byiciwemo abaturage, FLN ishamikiye ku mpuzamashyaka MRCD Rusesabagina yari abereye umukuru wungirije.

Urukiko Rukuru, Urugereko Rwihariye Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambuka Imbibi rwatangaje ko urubanza rusubikwa mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bw’ababuranyi, ko bose baburana bunganiwe.

Ni icyemezo gishingiye ku ngingo ya 29 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ndetse n’izindi zigena uburenganzira bw’umuntu ku bijyanye no kunganirwa imbere y’urukiko.

Urukiko rwanzuye ko urubanza ruzakomeza ku wa 12 Werurwe 2021. Rwategetse ko abavoka batabonetse bagomba kuzaba bari mu rubanza saa Mbili n’Igice za mu gitondo.

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo