Police FC yanganyije na Musanze , ihita inganya amanota na APR FC - AMAFOTO

Mu mukino wo ku munsi wa 21 wa Shampiyona, ikipe ya Police FC yanganyije na Musanze FC, ihita inganya amanota 40 na APR Fc, Musanze iguma ku mwanya wa gatanu n’amanota 33.

Ni umukino wabereye ku Kicukiro kuri uyu wa gatanu tariki 17 Werurwe 2017. Ikipe ya Musanze FC niyo yatangiye isatira izamu ndetse ku munota 21 ibonaigitego cya mbere cyatsinzwe na Wai Yeka. Ku munota wa 23 Police yahise yishyura itsindiwe na Biramahire Christophe uzwi ku izina Abedy. Wai Yeka, Tuyisenge Pekeake Pekinho na Peter Otema ni abakinnyi ba FC Musanze bagoye Police FC mu gice cya mbere.

Musanze yakomeje gusatira izamu rya Police itsinda icya kabiri ku munota 28 gitsinze na none na Wai Yeka. Igice cya mbere cyarangiye bikiri 2 bya Musanze FC kuri kimwe cya Police FC.

Mu gice cya kabiri Polisi FC yagarutse ishaka kwishyura umwenda ariko bikomeza kuyigora kuko mu kibuga hagati Musanze FC yahererekanyaga neza umupira. Byasabye gutegereza umunota wa 75 kugira ngo Police FC yishyura ku ishoti rirerire ryatewe nanone na Biramahire, atsinda igitego cya 2 muri uyu mukino, umukino urangira bikiri 2-2.

Kugeza ubu Rayon Sports ifite ibirarane 3 iracyayoboye urutonde n’amanota 43, APR FC ni iya 2 n’amanota 40, iknganya na Police FC ya 3 nayo ifite amanota 40.

11 b’amakipe yombi:

Police FC: Nzarora Marcel (GK, C), Mpozembizi Mohammed, Muvandimwe Jean Marie Vianney, Habimana Hussein, Uwihoreye Jean Paul, Nizeyimana Mirafa, Eric Ngendahimana, Imurora Japhet, Usengimana Danny, Mico Justin na Birmahire Christophe Abedy.

FC Musanze: Ndayisaba Olivier (GK, 22), Habyarimana Eugene 16, Hakizimana Francois 3, Habumugisha Imanizabayo 14, Kimenyi Jacques 6, Munyakazi Yussuf Rule 9, Maombi Jean Pierre 5, Niyonkuru Ramadhan 8, Peter Otema 17, Wai Yeka 10 na Tuyisenge Pekeake 7.

Musanze niyo yatangiye isatira izamu

Igitego cya mbere cya Musanze cyinjira mu izamu

Musanze FC yishimira igitego cya mbere

Abapolisi bakuru bari bari baje kureba uko ikipe yabo ikina

Van Damme, umufana wa Police FC ukomeye akurikirana uko ikipe ye ikina

Umufana wa Musanze FC

Uku niko igitego cya mbere cya Police FC cyinjiye

Biramahire na bagenzi bishimira igitego

Biramahire watsinze ibitego 2 bya Police FC

Djihad ukinira APR FC na we yari ku Kibuga cya Kicukiro

Shasir Nahimana(wambaye umupira utukura), ukinira Rayon Sports, yari yaje kureba uyu mukino

Kanamugire Moses wahoze akinira Rayon Sports, kuri ubu akaba akinira Musanze FC ariko akaba afite ikibazo cy’imvune, na we yari yaje kureba uko bagenzi be bitwara mu kibuga

Musanze yahanahanaga neza umupira mu kibuga hagati

Uhereye i bumoso:Yves Rwigema, Mutsinzi Ange na Moustapha bakinira Rayon Sports bari baje kureba uyu mukino nyuma y’uko uwo bari kuzakina na Onze Createurs wakuweho

Master (wambaye umupira utukura) na we ukinira Rayon Sports na we yari ahari

Ndayisaba Olivier, nyezamu wa Musanze FC yahuraga n’ikipe ya Police FC ikinamo murumuna we, Mico Justin

Sosthene, umutoza mukuru wa Musanze FC , yereka abakinnyi be amayeri bari bukoreshe mu gice cya 2

Iyo bibaye ngombwa, aca bugufi ariko ngo umukinnyi akunde yumve neza ibyo amubwira

Akurikiye amabwiriza y’umutoza

Ikipe ya Police FC mu karuhuko

Seninga Innocent utoza Police FC atanga amabwiriza ku bakinnyi be mu gihe cy’ikiruhuko

Umutoza wungirije wa Police FC na we yashyizeho ake

Abafana ba Musanze FC bari bamanitse amabendera y’ikipe yabo ku kibuga cya Kicukiro

Abafana ba Police FC nubwo baribake, bakoraga iyo bwabaga

Uku niko Katawuti Hamadi, umutoza wungirije muri Musanze FC, atanga amabwiriza ku mukinnyi ugiye gusimbura

Wari umukino ukomeye

Uko indi mikino iteganyijwe:

Ku Cyumweru tariki 19 Werurwe 2017

*Mukura VS vs Espoir Fc (Stade Huye)
*SC Kiyovu vs Kirehe Fc (Stade Mumena, 15h30’)
*Sunrise Fc vs Etincelles Fc (Stade Nyagatare, 15h30’)
*APR Fc vs Pepiniere Fc (Stade de Kigali, 15h30’)
*Amagaju vs Marines Fc (Nyamagabe, 15h30’)

Kuwa Mbere tariki 20 Werurwe 2017

*Gicumbi Fc vs AS Kigali (Stade Gicumbi)

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(0)
Tanga Igitekerezo