APR FC yanganyije na Pepiniere yanyuma ku rutonde – AMAFOTO

Ikipe ya APR FC yongeye kunganya umukino wa 3 wikurikiranya nyuma yo kunganya 1-1 na Pépinière FC ya nyuma ku rutonde rw’agateganyo mu mukino wa 21 wa Shampiyona.

Ni umukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki cyumweru tariki 19 Werurwe 2017. APR FC niyo yari yawakiriye.

Ikipe ya Pépinière FC niyo yafunguye amazamu binyuze ku gitego cyatsinzwe na Nduwimana Michael ku munota w’inyongera w’igice cya mbere.

Nyuma yo kuva mu kiruhuko nibwo APR FC yaje ishaka kwishyura igitego ariko Pépinière FC ikomeza kuyibera ibamba. Nyuma yo kubona ko nta mpinduka, Jimmy Mulisa, umutoza wa APR FC yakoze impinduka zinyuranye Sekamana Maxime asimbura Sibomana Patrick, Issa Bigirimana yasimbuwe na Onesme Twizerimana naho Nininahazwe Fabrice asimburwa na Twishime Eric wanatanze umupira wavuyemo igitego cyatsinzwe na Sekamana Maxime.

Umukino warangiye ari 1-1 bituma uba umukino wa 3 wikurikiranya APR FC inganyije nyuma y’uko yanganyije na Musanze FC 1-1 n’umukino wa 20 wa Shampiyona yanganyije na Kirehe FC 0-0.

11 babanjemo ku makipe yombi:

APR FC:

Emery Mvuyekure (GK), Rusheshangoga Michel, Rutanga Eric, Usengimana Faustin, Nsabimana Aimable, Mukunzi Yannick, Bizimana Djihad, Issa Bigirimana, Nininahazwe Fabrice na Sibomana Patrick.

Pépinière FC :

Nsabimana Jean de Dieu, Irabaruta Jean Claude, Kagaba Obed, Hakizimana Abdoulkalim, Hitimana Omar ©, Ndarabu Hussein, Mugisha Gilbert, Kabura Mohammed, Nduwimana Michael, Habamahoro Vincent na Gakuru Claude.

Nyuma y’uyu mukino, APR FC yagumye ku mwanya wa 2 aho ifite amanota 41, imbere yayo hakaba Rayon Sports ifite amanota 43 ikagira n’ibirarane 3. Pépinière FC yo yagumye ku mwanya wanyuma ikagira amanota 11.

Uko indi mikino yagenze:

Sunrise 1 – 0 Entincelles
Kiyovu SC 0 – 1 Kirehe FC
Mukura VS 3-2 Espoir FC
Amagaju FC 1-0 Marines

Urutonde rw’agateganyo

MU MAFOTO , UKO UYU MUKINO WARI WIFASHE

Abakinnyi b’amakipe yombi barwanira umupira mu kibuga hagati

Issa Bigirimana agerageza kunyura kuri ba myugariro ba Pépinière FC

Umutoza wa Pépinière FC atanga amabwiriza ku bakinnyi be

Byageraga n’aho uyu mutoza aca bugufi ngo akunde akurikirane umukino uko wakabaye

Eric Rutanga wanyuraga ku ruhande rw’ibumoso

Pépinière FC yarwaniraga kugera ku mupira mbere

Michael yitegura gucenga agatera ishoti ryavuyemo igitego

Cyagezemoooooo...igitego cya Pépinière FC

Abatoza n’abasimbura ku ruhande rwa Pépinière FC bishimira igitego

Abakinnyi ba Pépinière FC bishimira igitego babonye igice cya mbere kigiye kurangira

Ibyishimo byari bike hafi ya ntabyo mu maso y’umutoza mukuru wa APR FC, Jimmy Mulisa

Abafana ba APR FC ntibari benshi ku kibuga

Rwarutabura yari ayoboye abafana ba Rayon Sports bari baje gufana Pépinière FC

Ikipe ya Onze Createurs yagombaga gukina na Rayon Sports, umukino ugasubikwa, yari yaje kureba uyu mukino

Mu kibuga hagati, Pépinière FC yihagazeho

Igice cya kabiri kijya gutangira, abakinnyi ba APR FC babanje kujya inama

Sekamana Maximme ajya kwinjira mu kibuga asimbuye Sibomana Patrick

Twishime Eric wagiye mu kibuga agahindura umukino

Eric ku mupira we wa mbere yahise atanga umupira wavuyemo igitego

Uku niko igitego cya APR FC cyinjiye mu rushundura gitsinzwe na Sekamana Maximme

Ibi nibyo bita gukubitana...

Ab’inyuma ba Pépinière FC bari bahagaze neza

Myugariro Aimable ahanganye na Michael watsinze igitego

Wari umukino urimo ubwitange ku ruhande rwa Pépinière FC yashakaga gutahana amanota 3 y’uyu mukino

Jimmy Mulisa yasaga nuwabuze icyo yakora ngo akunde yegukane amanota 3

Ku ntebe y’abasimbura ba APR FC nabo bari bumiwe

Onesme yishyushya mbere yo kujya mu kibuga

Kapiteni Omar akankamira Onesme nyuma yo kuvuna mugenzi we

Kubera ubwira bwo gushakisha igitego cy’intsinzi, Onesme yageraga aho agafasha abaganga akazi kabo

Jimmy Mulisa yanyuzagamo agatanga amabwiriza ku basore be

Maximme wagiyemo asimbuye akanatsinda igitego....aha aragerageza kwambura umupira umukinnyi wa Pépinière FC

Maximme yahinduye byinshi ku ruhande rwa APR FC

Nshuti Innocent yagerageje gutaha izamu ariko biranga biba iby’ubusa

Nyezamu wa Pépinière FC wakuragamo imipira iremereye

Wari umukino ukomereye impande zombi

Umukino urangiye, abakinnyi ba APR FC bari bacitse intege ku buryo bugaragara

Ibyishimo byari bike kuri Sibomana Patrick nyuma y’umukino

Umukino urangiye abafana basabaga ko umunyamabanga mukuru, Camarade asezera muri APR FC

Umutoza wa we yasaga nufite ibyishimo byo gukura inota rimwe kuri APR FC ku kibuga cyayo

IZINDI NKURU
Ibitekerezo(2)
  • Cassien

    Coach Paul. MUHOZA JEAN PAUL. UMUTOZA WIBIHE BYOSE KURINJYE.
    KOMEZA UTSINDE MUVANDI.

    - 19/03/2017 - 23:22
  • feniyasi

    Andika ubutumwa?apr ingerangeze itside

    - 31/10/2017 - 17:29
Tanga Igitekerezo